Djunia
Contact information, map and directions, contact form, opening hours, services, ratings, photos, videos and announcements from Djunia, Artist, Nairobi.
24/12/2025
Mu ntambara imaze hafi imyaka ine hagati ya Uburusiya na Ukraine, umujyi wa Siversk mu ntara ya Donetsk waranzwe n’imirwano ikomeye kurubu wamaze gufatwa ningabo zabarusia. Uyu mujyi wari ufite agaciro gakomeye ka gisirikare kuko wari uri ku murongo w’ingenzi w’ubwirinzi bwa Ukraine.
Mu mpera z’Ukuboza 2025, ingabo za Ukraine zatangaje ko zavuye muri Siversk ku itariki ya 23, zivuga ko byakozwe mu rwego rwo kurokora ubuzima bw’abasivire no gukomeza urugamba ahandi, nyuma y’umuvuduko ukomeye w’ingabo z’Uburusiya.
Ku ruhande rw’Uburusiya, Moscow yatangaje ko yafashe umujyi wa Siversk, mu gihe Ukraine ivuga ko nubwo yavuye muyu mujyi, igikomeje kugenzura no kurasa ku ngabo z’Uburusiya ziri muri ako gace.
Ifatwa rya Siversk rishobora guhindura isura y’intambara mu ntara ya Donetsk, kuko rifungura inzira ku ngabo z’Uburusiya yo kwegera imijyi ikomeye nka Sloviansk na Kramatorsk.
24/12/2025
Mu myaka ishize, YouTube yabaye urubuga rukomeye cyane mu gufasha abahanzi nyarwanda kugeza umuziki wabo ku rwego mpuzamahanga. Uko imyaka igenda ishira, imibare y’abarebye indirimbo zabo igenda yiyongera, igaragaza iterambere rikomeye ry’umuziki nyarwanda ku rwego rw’isi.
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru IGIHE, imibare igaragaza ko Israel Mbonyi ari we uyoboye abahanzi nyarwanda mu mubare w’abantu bamaze kureba indirimbo ze kuri YouTube. Uyu muhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana amaze kurebwa inshuro 436,605,609, imibare imushyira ku mwanya wa mbere mu Rwanda.
Ku mwanya wa kabiri haza Meddy, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu njyana ya Afro-R&B, umaze kurebwa inshuro 348,615,858. Meddy akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bahanzi nyarwanda bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Itsinda Ambassador of Christ, rizwi cyane mu ndirimbo zo kuramya Imana, riza ku mwanya wa gatatu n’inshuro 347,472,006, rikurikirwa na Papi Clever na Dorcas bafite 305,653,326, bigaragaza uko umuziki wa Gospel ukomeje kugira umwanya munini mu mitima y’abanyarwanda no hanze y’u Rwanda.
Nubwo akunzwe cyane kandi afite indirimbo zirebwa cyane mu gihe gito, Bruce Melodie aza ku mwanya wa gatanu n’inshuro 128,356,265, aho imibare igaragaza ko amaze gukuba The Ben inshuro ebyiri mu mubare w’abamaze kureba indirimbo zabo kuri YouTube. The Ben aza ku mwanya wa munani n’inshuro 66,086,428.
Abandi bahanzi bagaragara muri uru rutonde barimo Element (70,032,793), Chriss Eazy (67,557,679), James na Daniella (65,323,240) ndetse na Juno Kizigenza usoza icumi ba mbere n’inshuro 56,531,627.
Iyi mibare igaragaza neza ko YouTube atari urubuga rwo gushyiraho indirimbo gusa, ahubwo ari igikoresho gikomeye cyo gupima uko umuhanzi akunzwe n’uruhare rwe mu iterambere ry’umuziki nyarwanda. Inagaragaza kandi ko injyana zitandukanye zirimo Gospel, Afrobeat na R&B zose zifite abafana benshi ndetse nakamaro kwiterambere ry'igihugu cy'URWANDA.
KORA FOLLOW UKOMEZE KUDUSHYIGIKIRA
U Rwanda rwasabye ko hakwihutishwa isenywa ry’umutwe wa FDLR, rugaragaza ko udasenywe uzahora uteza umutekano muke mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko bidashoboka kugera ku mutekano urambye mu gihe uwo mutwe w’iterabwoba wasize ukoze genocide murwanda ugikomeje gukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukagira ingaruka ku baturage no ku bihugu bituranye.
Click here to claim your Sponsored Listing.